Isengesho ry’abana b’abaririmbyi
Nyagasani Yezu Kristu,
wowe waduhaye ijwi ryiza,
dufashe kurikoresha neza,
turirimba ikuzo ryawe.
Turasabira abana b’isi yose bihatira nkatwe,
kwizihiza imihango ya Kiliziya,
yerekeye guha Imana ikuzo riyikwiye,
cyane cyane igitambo cya Misa.
Bikiramariya nyina wa Yezu n’uwacu,
turifuza kuririmba neza uko tubishoboye,
kugirango umwana wawe akundwe.
Mutagatifu Dominiko Savio,
umurinzi w’abana b’abaririmbyi,
Udusabire.

Comment